Uko wasaba kwandikisha isosiyete nshya mu gihugu imbere
Búið til af Ivan Shema, Breytt Fri, 16 Jan kl 1:00 PM eftir Ivan Shema
Iyi serivisi igufasha kwandikisha ku mugaragaro isosiyete nshya mu Rwanda. Iyo umaze kurangiza iki gikorwa, isosiyete yawe iba yemwe ku buryo bwemewe n’amategeko, bigatuma ushobora gukora ubucuruzi, gusinya amasezerano, no kubona serivisi zitangwa na Leta. Kwandikisha kandi bifasha kurinda izina ry’ubucuruzi bwawe no kubahiriza amategeko agenga ubucuruzi mu gihugu.
Ni bande bemerewe gusaba iyi serivisi?
Abanyarwanda n’Abanyamahanga
Uko wasaba kwandikisha isosiyete nshya mu gihugu imbere:
Sura urubuga rwa One Stop Center: onestopcentre.rdb.rw, ushake iyi serivisi kuri “Kwandikisha Ubucuruzi bw’imbere mu gihugu.”
Ni ibiki ukeneye mbere yo gutangira gusaba?
Dore ibyo ukeneye byose:
Ugomba kugira konti. Uko wafungura konti, kanda hano
Nimero ya telefoni cyangwa imeyili (iyo ubishatse) kugira ngo wakire kandi ukurikirane amakuru yaho dosiye yawe igeze.
Nimero iranga usora y’ikigo (TIN)
Igiciro | Igihe cyo gutunganya dosiye |
Ntiyishyurwa | Amasaha 6 |
Intambwe zikurikira ndetse nandi makuru
Icyemezo nuko Uruhushya ruzatangwa:
Iyo ubusabe bwanyu bwemejwe, muzakira ubutumwa bwemeza ubusabe bwanyu kuri imeyili cyangwa sms mwatanze muri gusaba.
Gutangwa kwa Sertifika/Lisansi:
Iyo ubusabe bwawe bwemejwe, uzahabwa sertifika y’ubu busabe binyuze kuri aderesi ya imeri cyangwa ubutumwa bugufi (SMS) watanze mu gihe cyo gusaba.
Ukeneye ubufasha cyangwa andi makuru:
- Hamagara: 1415
- Email: support@rdb.rw
- WhatsApp: +250788321555
Var þessi grein gagnleg?
Það er frábært!
Þakka þér fyrir álit þitt
Því miður! Við gátum ekki verið hjálpleg
Þakka þér fyrir álit þitt
Viðbrögð send
Við kunnum að meta fyrirhöfn þína og munum reyna að laga greinina